issa
Umubare w’abatunze miliyari y’amadolari wikubye Gatatu mu 2025

Umubare w’abatunze miliyari y’amadolari wikubye Gatatu mu 2025

Jan 19, 2026 - 12:05
 0

Umutungo w’abantu bafite miliyari y’amadolari wikubye inshuro eshatu mu mwaka wa 2025 ugereranyije n’uko byari bisanzwe mu mwaka ushize.


Amakuru avuga ko umutungo w’aba bantu bafite miliyari y’amadilari wikubye gatatu ndetse wageze ku rwego rwo hejuru kurusha ikindi gihe mu mateka.

Oxford raporo yayo igaragaza ko umutungo w’abantu batunze za miliyari z’amadolari, wiyongereyeho 16% mu 2025, ugera kuri miliyari ibihumbi 18,3 z’Amadolari ya Amerika. Ni izamuka rya 81% ribayeho kuva mu 2020.

Ni mu gihe umutungo w’abakire bo ku Isi ukomeje kuzamuka, aho nibura umwe mu bantu bane ku Isi icyigorwa no kubona ibiribwa ndetse hafi kimwe cya kabiri cy’abatuye Isi babaho mu bukene.

Ubu bushakashatsi bwa Oxfam, bushingiye ku nyigo zakozwe n’abashakashatsi no ku mibare itandukanye ikomoka muri raporo igaragaza ubusumbane ku Isi no ku rutonde rw’abaherwe rukorwa na Forbes, bugaragaza ko iri zamuka rikabije ry’ubutunzi riherekezwa n’ikwirakwizwa ridakwiye ry’ububasha bwa politiki.

Iyo raporo ivuga ko abaherwe bafite amahirwe yo kujya mu myanya ya politiki akubye inshuro zigera ku 4000 ugereranyije n’abaturage basanzwe.

Nibura miliyari ibihumbi 2,5 z’Amadolari yiyongereye ku mutungo w’abaherwe ba mbere ku Isi.

Mu mwaka ushize, umubare w’abantu batunze miliyari z’Amadolari ku Isi warenze 3.000 ku nshuro ya mbere mu mateka ndetse umuyobozi wa Tesla na SpaceX, Elon Musk, muri uwo mwaka yabaye umuntu wa mbere ugeze ku mutungo urenze miliyari 500 z’Amadolari ya Amerika.

Umubare w’abatunze miliyari y’amadolari wikubye Gatatu mu 2025

Jan 19, 2026 - 12:05
 0
Umubare w’abatunze miliyari y’amadolari wikubye Gatatu mu 2025

Umutungo w’abantu bafite miliyari y’amadolari wikubye inshuro eshatu mu mwaka wa 2025 ugereranyije n’uko byari bisanzwe mu mwaka ushize.


Amakuru avuga ko umutungo w’aba bantu bafite miliyari y’amadilari wikubye gatatu ndetse wageze ku rwego rwo hejuru kurusha ikindi gihe mu mateka.

Oxford raporo yayo igaragaza ko umutungo w’abantu batunze za miliyari z’amadolari, wiyongereyeho 16% mu 2025, ugera kuri miliyari ibihumbi 18,3 z’Amadolari ya Amerika. Ni izamuka rya 81% ribayeho kuva mu 2020.

Ni mu gihe umutungo w’abakire bo ku Isi ukomeje kuzamuka, aho nibura umwe mu bantu bane ku Isi icyigorwa no kubona ibiribwa ndetse hafi kimwe cya kabiri cy’abatuye Isi babaho mu bukene.

Ubu bushakashatsi bwa Oxfam, bushingiye ku nyigo zakozwe n’abashakashatsi no ku mibare itandukanye ikomoka muri raporo igaragaza ubusumbane ku Isi no ku rutonde rw’abaherwe rukorwa na Forbes, bugaragaza ko iri zamuka rikabije ry’ubutunzi riherekezwa n’ikwirakwizwa ridakwiye ry’ububasha bwa politiki.

Iyo raporo ivuga ko abaherwe bafite amahirwe yo kujya mu myanya ya politiki akubye inshuro zigera ku 4000 ugereranyije n’abaturage basanzwe.

Nibura miliyari ibihumbi 2,5 z’Amadolari yiyongereye ku mutungo w’abaherwe ba mbere ku Isi.

Mu mwaka ushize, umubare w’abantu batunze miliyari z’Amadolari ku Isi warenze 3.000 ku nshuro ya mbere mu mateka ndetse umuyobozi wa Tesla na SpaceX, Elon Musk, muri uwo mwaka yabaye umuntu wa mbere ugeze ku mutungo urenze miliyari 500 z’Amadolari ya Amerika.