
Trump agiye kwirukana abanya Ukraine ibihumbi 240
Ubuyobozi bwa Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump burateganya kuvanaho ubuzima gatozi bw’agateganyo ku Banya Ukraine bagera ku 240.000 bahunze intambara u Burusiya.
Aya makuru avuga ko biri mu bikorwa byagutse by’ubuyobozi bwa Trump bwo kwambura ubuzima gatozi abimukira barenga miliyoni 1.8 binjiye muri Amerika ku buyobozi bwa Biden.
Aba bose ngo bazkurirwaho ubuzima gatozi ngo bazahita bapakirwa boherezwe iwabo nta yandi mananiza.
Ubuyobozi burateganya kandi gukuraho igihano nsimburagifungo cy’abimukira barimo abanya Israel, Abanyahayiti, Nikaragwa na Venezuwela bagera kuri 530.000 mu kwezi gutaha. Amakuru avuga ko gahunda yo gukuraho igihano nsimburagifungo kuri ubwo bwenegihugu byaba biganisha ku koherezwa mu bihugu byabo.
Abimukira binjiye muri Amerika banyuze ku mupaka mu buryo butemewe ngo bo bashobora koroherezwa ariko mu gihe kitazwi.
Trump avuze ibi mu gihe hashize iminsi micye yakiriye mugenzi we Zelensky wa Ukraine bakagirana ikiganiro benshi bise icy’umuriro.