issa
Rayon Sports yongeye gutakaza amanota abiri imbere ya Mukura Victory Sports

Rayon Sports yongeye gutakaza amanota abiri imbere ya Mukura Victory Sports

Jan 24, 2026 - 17:54
 0

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mukura Victory Sports igitego 1-1 mu mukino wari usigaye kugira ngo hatangire igice cya Kabiri cya Shampiyona y'u Rwanda.


Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Mutarama 2026, ubera mu karere ka Muhanga ari ho ikipe ya Mukura Victory Sports na Amagaju FC zahisemo kwakirira imikino yazo ikomeye ya Shampiyona mu gihe Sitade ya Huye irimo kuvugurirwa.

Ni Rayon Sports yinjiye mu mukino neza abakinnyi bayo barimo Fall Ngagne ndetse na Tambwe Gloire batangira bahusha ibitego wavuga ko byabaga byabazwe, ariko kandi ku ruhande rwa Mukura Victory Sports nayo yagiye ihusha uburyo bukomeye bwabonwe n'abarimo Iradukunda Elie Tatou n'abandi.

Igice cya Kabiri gitangiye, ku munota wa 47, ikipe ya Mukura Victory Sports yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Iradukunda Elie Tatou kuri Kufura nziza nyuma y'ikosa ryari rikozwe na Yannick Bangala Litombo, atera kufura neza umuzamu Kwizera Olivier ntiyamenya aho umupira uciye.

Nyuma y'iminota ibiri gusa ikipe ya Rayon Sports yabonye igitego cya mbere cyo kwishyura. Ni igitego cyatsinzwe na Emery Bayisenge kuri Kufura yatewe neza ashyira ku mutwe umupira uhita ujya mu rucundura.

Ku munota wa 77, ikipe ya Mukura Victory Sports yabonye amahirwe yo gutsinda igitego cya Kabiri kuri Kufura n'ubundi yatewe na Iradukunda Elie Tatou, Kwizera Olivier aratabara akora ku mupira ukubita ipoto uvamo.

Umukino waje kurangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1 mu mukino utari woroshye. Ni umukino ikipe zombi zanganyije mu mikinire ariko mu minota ya nyuma Mukura Victory Sports irusha Rayon Sports kuko wabonaga abakinnyi b'iyi kipe bashya batangiye kuruha.

Ikipe ya Rayon Sports yazamutse ku mwanya ifata uwa 7 ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona n'amanota 26, naho Mukura Victory Sports yo yagumanye ku mwanya wa 6 n'amanota 27.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Rayon Sports yongeye gutakaza amanota abiri imbere ya Mukura Victory Sports

Jan 24, 2026 - 17:54
 0
Rayon Sports yongeye gutakaza amanota abiri imbere ya Mukura Victory Sports

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mukura Victory Sports igitego 1-1 mu mukino wari usigaye kugira ngo hatangire igice cya Kabiri cya Shampiyona y'u Rwanda.


Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Mutarama 2026, ubera mu karere ka Muhanga ari ho ikipe ya Mukura Victory Sports na Amagaju FC zahisemo kwakirira imikino yazo ikomeye ya Shampiyona mu gihe Sitade ya Huye irimo kuvugurirwa.

Ni Rayon Sports yinjiye mu mukino neza abakinnyi bayo barimo Fall Ngagne ndetse na Tambwe Gloire batangira bahusha ibitego wavuga ko byabaga byabazwe, ariko kandi ku ruhande rwa Mukura Victory Sports nayo yagiye ihusha uburyo bukomeye bwabonwe n'abarimo Iradukunda Elie Tatou n'abandi.

Igice cya Kabiri gitangiye, ku munota wa 47, ikipe ya Mukura Victory Sports yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Iradukunda Elie Tatou kuri Kufura nziza nyuma y'ikosa ryari rikozwe na Yannick Bangala Litombo, atera kufura neza umuzamu Kwizera Olivier ntiyamenya aho umupira uciye.

Nyuma y'iminota ibiri gusa ikipe ya Rayon Sports yabonye igitego cya mbere cyo kwishyura. Ni igitego cyatsinzwe na Emery Bayisenge kuri Kufura yatewe neza ashyira ku mutwe umupira uhita ujya mu rucundura.

Ku munota wa 77, ikipe ya Mukura Victory Sports yabonye amahirwe yo gutsinda igitego cya Kabiri kuri Kufura n'ubundi yatewe na Iradukunda Elie Tatou, Kwizera Olivier aratabara akora ku mupira ukubita ipoto uvamo.

Umukino waje kurangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1 mu mukino utari woroshye. Ni umukino ikipe zombi zanganyije mu mikinire ariko mu minota ya nyuma Mukura Victory Sports irusha Rayon Sports kuko wabonaga abakinnyi b'iyi kipe bashya batangiye kuruha.

Ikipe ya Rayon Sports yazamutse ku mwanya ifata uwa 7 ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona n'amanota 26, naho Mukura Victory Sports yo yagumanye ku mwanya wa 6 n'amanota 27.