Netanyahu na Rubio baganiriye ku gitero cya Israel kuri Qatar
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yagiranye ibiganiro na minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, byibanze ku ngaruka z’igitero cya Israel giherutse kugabwa kuri Qatar.
Ibyo biganiro byabereye i Yeruzalemu, mu gihe hari impaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga ku buryo Israel yafashe icyemezo cyo kugaba icyo gitero ku bayobozi ba Hamas bari ku butaka bwa Qatar. Ni igitero cyatunguye benshi, ndetse cyamaganywe na Perezida wa Amerika, Donald Trump, aho umuvugizi we yavuze ko "bidashimishije kandi binyuranyije n’imigambi y’ubufatanye bwa dipolomasi."
Rubio yagize ati: "Birumvikana ko ibi bitatunejeje. Perezida ntibyamushimishije na gato. Ubu hakenewe kureba icyakorwa gikurikiyeho, tugakomeza inzira yo gushakira umuti ibibazo binyuze mu mahoro."
Ibi biganiro byabaye mu gihe abayobozi b’ibihugu bitandukanye by’Abarabu bateraniye mu nama idasanzwe, bagaragaza ko bashyigikiye Qatar. Bamaganye ibitero bya Israel, basaba ko amahanga ahagarika gukoresha ingufu z’igisirikare mu guhinyuza ibihugu by’Abarabu.
Netanyahu yabwiye itangazamakuru ati "Imibanire ya Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika irakomeye nk’amabuye yubakiyeho uruhome rw’uburengerazuba bwa Yeruzalemu."
Mu ruzinduko rwe, Rubio yari kumwe n’intumwa ya Amerika muri Israel, Mike Hackabee. Basuye ahantu hatagatifu i Yeruzalemu, aho Rubio yanditse ku gapapuro ashyira mu Ruruhome rw’Amarira – umugenzo ukorwa n’abahagenda.
Nubwo bari basabwe n’abanyamakuru kugira icyo bavuga ku gitero cya Israel kuri Qatar, bombi bahisemo kutagira icyo batangaza.
Uru ruzinduko rwa Rubio rubaye mbere y’inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye (ONU) iteganyijwe mu cyumweru gitaha, aho ibihugu bikomeye by’inshuti za Amerika nka Canada, Ubwongereza, Ubufaransa, Australia n’Ububiligi, byitezweho gushyigikira icyemezo cyo kwemeza Palestine nk’igihugu cyigenga.


Kinyarwanda
English
Swahili









