issa
Marcus Rashford mu rujijo: Barcelona iramushaka, Manchester United iramurekura?

Marcus Rashford mu rujijo: Barcelona iramushaka, Manchester United iramurekura?

May 30, 2025 - 09:18
 0

FC Barcelona ikomeje gushakisha uko yakubaka ikipe ishobora kongera guhatanira ibikombe, ikaba ihanze amaso Marcus Rashford rutahizamu wa Manchester United umaze igihe adahagaze neza mu ikipe ye kubera kudahuza n'umutoza


Uyu mukinnyi w’imyaka 27 ashobora kuba ari mu marembera y’urugendo rwe muri Old Trafford nyuma yo kutumvikana n’umutoza mushya Ruben Amorim. Byanavuzwe ko imyitwarire ye itanyuze Amorim mu myitozo bituma ahitamo kumutiza muri Aston Villa muri iyi saison ishize.

Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru birimo ibyo muri Espagne ku wa Gatatu ushize umujyanama wa Rashford akaba na murumuna we yagiranye ibiganiro by’ibanze na Deco, umuyobozi ushinzwe siporo muri FC Barcelona. Nubwo nta masezerano arashyirwaho umukono n’impande zombi zagaragaje ubushake bwo gukomeza kuganira.

Ibi biganiro bije nyuma y’uko Rashford agaragaje inyota yo gukinira Camp Nou nk’uko abamwegereye babitangaza. Gukina muri Espagne byaba biri mu nzozi ze za kera kandi ngo ashobora no kwanga andi makipe kugira ngo yemererwe kwerekeza muri Barça.

Barcelona iri mu bihe byo kwiyubaka, ifite gahunda yo kongera abakinnyi bafite ubunararibonye ariko badahenze cyane. Rashford ari mu rutonde rw’abakinnyi bane iyi kipe iri gukurikirana barimo abandi nka Luis Díaz, Rafael Leão na Julián Álvarez.

Mu gihe Liverpool isaba amafaranga menshi kuri Luis Díaz, FC Barcelona ibona Marcus Rashford nk’amahitamo yoroshye ashobora kuyigirira akamaro. Manchester United nayo ntabwo izuyaza mu kumurekura cyane ko iri mu nzira yo kuvugurura ikipe, ibivugwa ni uko Man United yifuza miliyoni 40 z’amayero (€40M) amafaranga ashobora kugabanuka mu gihe umukinnyi yagaragaza ubushake bwo kugenda.

Rashford ni umukinnyi umaze imyaka myinshi akinira Manchester United, aho ariho yazamukiye aba umwe mu nkingi za mwamba z’iyi kipe ndetse anubaka n’izina mw’isi y’umupira w'amaguru.

Rashford yasoje Shampiyona akinira Aston Villa 

Bitero Am the captain of my soul. 0791517856

Marcus Rashford mu rujijo: Barcelona iramushaka, Manchester United iramurekura?

May 30, 2025 - 09:18
May 30, 2025 - 10:12
 0
Marcus Rashford mu rujijo: Barcelona iramushaka, Manchester United iramurekura?

FC Barcelona ikomeje gushakisha uko yakubaka ikipe ishobora kongera guhatanira ibikombe, ikaba ihanze amaso Marcus Rashford rutahizamu wa Manchester United umaze igihe adahagaze neza mu ikipe ye kubera kudahuza n'umutoza


Uyu mukinnyi w’imyaka 27 ashobora kuba ari mu marembera y’urugendo rwe muri Old Trafford nyuma yo kutumvikana n’umutoza mushya Ruben Amorim. Byanavuzwe ko imyitwarire ye itanyuze Amorim mu myitozo bituma ahitamo kumutiza muri Aston Villa muri iyi saison ishize.

Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru birimo ibyo muri Espagne ku wa Gatatu ushize umujyanama wa Rashford akaba na murumuna we yagiranye ibiganiro by’ibanze na Deco, umuyobozi ushinzwe siporo muri FC Barcelona. Nubwo nta masezerano arashyirwaho umukono n’impande zombi zagaragaje ubushake bwo gukomeza kuganira.

Ibi biganiro bije nyuma y’uko Rashford agaragaje inyota yo gukinira Camp Nou nk’uko abamwegereye babitangaza. Gukina muri Espagne byaba biri mu nzozi ze za kera kandi ngo ashobora no kwanga andi makipe kugira ngo yemererwe kwerekeza muri Barça.

Barcelona iri mu bihe byo kwiyubaka, ifite gahunda yo kongera abakinnyi bafite ubunararibonye ariko badahenze cyane. Rashford ari mu rutonde rw’abakinnyi bane iyi kipe iri gukurikirana barimo abandi nka Luis Díaz, Rafael Leão na Julián Álvarez.

Mu gihe Liverpool isaba amafaranga menshi kuri Luis Díaz, FC Barcelona ibona Marcus Rashford nk’amahitamo yoroshye ashobora kuyigirira akamaro. Manchester United nayo ntabwo izuyaza mu kumurekura cyane ko iri mu nzira yo kuvugurura ikipe, ibivugwa ni uko Man United yifuza miliyoni 40 z’amayero (€40M) amafaranga ashobora kugabanuka mu gihe umukinnyi yagaragaza ubushake bwo kugenda.

Rashford ni umukinnyi umaze imyaka myinshi akinira Manchester United, aho ariho yazamukiye aba umwe mu nkingi za mwamba z’iyi kipe ndetse anubaka n’izina mw’isi y’umupira w'amaguru.

Rashford yasoje Shampiyona akinira Aston Villa