issa
Kigali: Polisi yaburiye abiyita 'Abataka' batesha umutwe abakiriya

Kigali: Polisi yaburiye abiyita 'Abataka' batesha umutwe abakiriya

Dec 18, 2025 - 10:16
 0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, yaburiye abiyita abataka bakora akazi ko guhamagara abakiriya kujya kugura ibintu bitandukanye mu maduka cyangwa se mu masoko na restaurant kugira ngo babashe kugira icyo bahembwa.


Ibi Polisi yo Mujyi wa Kigali, yabitangarije UKWELITIMES, nyuma y'uko umwe mu basore biyita abataka ukorera mu Marangi mu Biryogo mu Karere ka Nyarugenge, yishe mugenzi amuteye igipfunsi nyuma yo kunanirwa kugabana amafaranga bari bahawe n'umukiriya.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yabwiye UKWELITIMES ko Polisi yahagurukiye ikibazo cy'abiyita abataka kubera ko bahungabanya umutekano w'abaturage.

Yavuze ko nyuma y'uko bigaragaye ko abataka bahungabanya ituze n'umutekano w'abanyura aho baba bakorera, Polisi igiye gutangira kubafata.

Ati " Tugiye kubihagirukira abo bantu tubafate kuko bahungabanya ituze n'umudendezo w'abantu, birashoboka ko nyiri ako kabari cyangwa nyiri restaunt cyangwa se iduka n'imodoka ashobora kugira umuntu uyobora abagenzi ariko ntibagire itsinda rishobora guteza akavuyo kubera ko hari n'abakomeretsanya n'abakora ibindi bikorwa bibangamira abantu nko kubakurura yewe hari n'abatubwira ko babiba."

Yakomeje avuga ko hari abataka bakorera muri Gare ya Nyanza ya Kicukiro, Polisi iherutse guta muri yombi ndetse iki gikorwa kizakomeza.

Yagize ati " Turagira ngo tubihanize abo bantu bateza akavuyo muri za gare no mu masoko no muri za restaurant n'abo bo mu marangi ko nibakomeza tuzabafata."

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yabwiye UKWELITIMES ko Polisi yahagurukiye ikibazo cy'abiyita abataka kubera ko bahungabanya umutekano w'abaturage

Kigali: Polisi yaburiye abiyita 'Abataka' batesha umutwe abakiriya

Dec 18, 2025 - 10:16
Dec 18, 2025 - 10:38
 0
Kigali: Polisi yaburiye abiyita 'Abataka' batesha umutwe abakiriya

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, yaburiye abiyita abataka bakora akazi ko guhamagara abakiriya kujya kugura ibintu bitandukanye mu maduka cyangwa se mu masoko na restaurant kugira ngo babashe kugira icyo bahembwa.


Ibi Polisi yo Mujyi wa Kigali, yabitangarije UKWELITIMES, nyuma y'uko umwe mu basore biyita abataka ukorera mu Marangi mu Biryogo mu Karere ka Nyarugenge, yishe mugenzi amuteye igipfunsi nyuma yo kunanirwa kugabana amafaranga bari bahawe n'umukiriya.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yabwiye UKWELITIMES ko Polisi yahagurukiye ikibazo cy'abiyita abataka kubera ko bahungabanya umutekano w'abaturage.

Yavuze ko nyuma y'uko bigaragaye ko abataka bahungabanya ituze n'umutekano w'abanyura aho baba bakorera, Polisi igiye gutangira kubafata.

Ati " Tugiye kubihagirukira abo bantu tubafate kuko bahungabanya ituze n'umudendezo w'abantu, birashoboka ko nyiri ako kabari cyangwa nyiri restaunt cyangwa se iduka n'imodoka ashobora kugira umuntu uyobora abagenzi ariko ntibagire itsinda rishobora guteza akavuyo kubera ko hari n'abakomeretsanya n'abakora ibindi bikorwa bibangamira abantu nko kubakurura yewe hari n'abatubwira ko babiba."

Yakomeje avuga ko hari abataka bakorera muri Gare ya Nyanza ya Kicukiro, Polisi iherutse guta muri yombi ndetse iki gikorwa kizakomeza.

Yagize ati " Turagira ngo tubihanize abo bantu bateza akavuyo muri za gare no mu masoko no muri za restaurant n'abo bo mu marangi ko nibakomeza tuzabafata."

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yabwiye UKWELITIMES ko Polisi yahagurukiye ikibazo cy'abiyita abataka kubera ko bahungabanya umutekano w'abaturage