Kigali: Abagabo babiri bafatanywe udupfunyika 93 tw'urumogi
Polisi yo mu Mujyi wa Kigali yataye muri yombi abagabo babiri nyuma yo kubafatana udupfunyika 93 tw'urumogi.
Ibi byabaye kuwa mbere tariki ya 12 Gicurasi 2025, ahagana saa ine z'ijoro ku bufatanye bwa Polisi ikorere mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rusororo.
Abafashwe ni Habimana Djuma w'imyaka 89 na Ntirenganya Felicien w'imyaka 51 wari ufite udupfunyika tune.
Polisi ivuga ko ifatwa ry'aba bagabo ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ndetse abafashwe bafungiye kuri station ya Rusororo n'ibyo bafatanwe kugira ngo bakorerwe dosiye bajye mu nkiko.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yabwiye UKWELITIMES ko Polisi yibutsa abacuruza, abakwirakwiza n’abanywa ibiyobyabwenge ko bakwiye kubizinukwa burundu kuko nta cyiza bibagezaho uretse guhomba binasigira ubukene imiryango yabo no gufungwa.
Turasaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku bantu bazi ko bacuruza urumogi cg n’aibindi biyobyabwemge ngo bafatwe kuko bagira uruhare mu kwangiza ubuzima bw’abaturarwanda.
Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu irenze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw, ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye harimo n’urumogi.
Uru ni urumogi rwafatanywe aba bagabo 2 mu mujyi wa Kigali
THAMIM HAKIZIMANA


Kinyarwanda
English
Swahili









