
I Walikare bongeye kurwana
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, tariki ya 25 Werurwe 2025, habereye imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo.Iyi mirwano yabereye i Kirundu, nko mu birometero 10 uvuye ku mu isantire ya Walikale.
Abaganiriye na Radio Okapi, bavuga ko ibintu bikomeje kuba bibi muri ibi bice bya Walikale no mu nkengero zabyo aho ngo usanga Wazalendo n’Ingabo za leta bakomeje kugaba ibitero.
Imiryango itegamiye kuri Leta, ivuga ko nyuma y'iminsi hafi itandatu Walikale ibereyemo imirwano, abaturage bamwe bahungiye mu mujyi wa Kisangani.
Ni nyuma y’uko mu Cyumweru gishize M23 yatangaje ko yikuye muri Walikare ariko ikaza kongera kugaragaza ko hari abasirikare bayo bakiri muri iki gice ku mpamvu z’uko FARDC yakomeje kuhagaba ibitero bya Drone.