Drone ya FARDC yagabye igitero i Masisi yica abasivile bane
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 02 Mutarama 2026, mu karere ka Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagabwe igitero cya gisirikare cyakozwe hifashishijwe drone yo mu bwoko bwa CH-4.
Iyi drone y’igisirikare cya Repubulika ya Demokalasi ya Congo FARDC yarashe ibisasu ku gace kari mu mujyi wa Masisi ahagana saa munani n’iminota 15 (14h15), bituma abasivile bane bahasiga ubuzima, mu gihe abandi umunani bakomerekejwe bikomeye.
Amakuru aturuka aho byabereye avuga ko igitero cyibasiye ahari abaturage basanzwe, bigateza umutekano muke n’ubwoba mu baturage b’aka gace kakomeje kwibasirwa n’imirwano.
Abaturage bakomeje gusaba ko batabarwa bakarindirwa umutekano mu buryo bwuzuye, kurundi ruhande Ihuriro AFC/M23 ryamaganye iki gitero rishinja leta gukomeza gukora Jenoside ku baturage bo mu gice kigenzurwa na AFC/M23.
Masisi ni kamwe mu duce two muri Kivu y’Amajyaruguru twibasiwe cyane n’intambara n’umutekano muke umaze igihe, bigatuma ubuzima bw’abasivile burushaho kujya mu kaga.


Kinyarwanda
English
Swahili









