issa
Abasirikare batatu ba Kenya bishwe  n’igisasu

Abasirikare batatu ba Kenya bishwe n’igisasu

Jul 17, 2025 - 07:28
 0

Igisirikare cya Kenya (KDF) cyatangaje ko abasirikare batatu bacyo baturikanywe n’igisasu Hafi y'u mupaka na Somalia.


Ibi byabaye ku wa 15 Nyakanga 2025, ubwo aba basirikare bari ku burinzi mu muhanda munini wa Sankuri-Kiunga hafi y’umupaka w’iki gihugu na Somalia.

KDF yasobanuye ko nyuma yo guturikanwa n'igisasu, aba basirikare bakomeretse bihutishirijwe mu bitaro byihariye kugira ngo abaganga batabare ubuzima bwabo, ariko birangira bapfuye.

Yagize iti “Aba basirikare batanze igitambo kiruta ibindi ubwo barindaga abaturage ba Kenya.”

KDF yasobanuye ko hari abandi basirikare bakomerekejwe n’iki gisasu bacyitabwaho n’abaganga mu mavuriro atandukanye, kandi ko bari koroherwa.

Iki gisirikare cyatangaje ko inzego zitandukanye zishinzwe umutekano zahise zitangira iperereza kugira ngo hamenyekane abateze iki gisasu kandi ko muri uyu muhanda hoherejwe abasirikare benshi kugira ngo bashakishe aba bagizi ba nabi.

Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab yatangaje ko kuri uyu muhanda hapfiriye “abasirikare babiri ba Kenya, undi umwe arakomereka”, gusa ntiyemeje niba ari yo yateze iki gisasu.

Al Shabaab ikorera mu bice byinshi bya Somalia, aho igaba ibitero ku ngabo z’iki gihugu, iziri mu butumwa bw’amahoro ndetse no mu bice bya Kenya byegereye umupaka.

Bitewe n’ibi bitero bigabwa ku mupaka, Kenya yakajije umutekano ku ruhande rwayo, yifashishije abasirikare n’abapolisi.

Abasirikare batatu ba Kenya bishwe n’igisasu

Jul 17, 2025 - 07:28
Jul 17, 2025 - 07:32
 0
Abasirikare batatu ba Kenya bishwe  n’igisasu

Igisirikare cya Kenya (KDF) cyatangaje ko abasirikare batatu bacyo baturikanywe n’igisasu Hafi y'u mupaka na Somalia.


Ibi byabaye ku wa 15 Nyakanga 2025, ubwo aba basirikare bari ku burinzi mu muhanda munini wa Sankuri-Kiunga hafi y’umupaka w’iki gihugu na Somalia.

KDF yasobanuye ko nyuma yo guturikanwa n'igisasu, aba basirikare bakomeretse bihutishirijwe mu bitaro byihariye kugira ngo abaganga batabare ubuzima bwabo, ariko birangira bapfuye.

Yagize iti “Aba basirikare batanze igitambo kiruta ibindi ubwo barindaga abaturage ba Kenya.”

KDF yasobanuye ko hari abandi basirikare bakomerekejwe n’iki gisasu bacyitabwaho n’abaganga mu mavuriro atandukanye, kandi ko bari koroherwa.

Iki gisirikare cyatangaje ko inzego zitandukanye zishinzwe umutekano zahise zitangira iperereza kugira ngo hamenyekane abateze iki gisasu kandi ko muri uyu muhanda hoherejwe abasirikare benshi kugira ngo bashakishe aba bagizi ba nabi.

Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab yatangaje ko kuri uyu muhanda hapfiriye “abasirikare babiri ba Kenya, undi umwe arakomereka”, gusa ntiyemeje niba ari yo yateze iki gisasu.

Al Shabaab ikorera mu bice byinshi bya Somalia, aho igaba ibitero ku ngabo z’iki gihugu, iziri mu butumwa bw’amahoro ndetse no mu bice bya Kenya byegereye umupaka.

Bitewe n’ibi bitero bigabwa ku mupaka, Kenya yakajije umutekano ku ruhande rwayo, yifashishije abasirikare n’abapolisi.