DRC: Abarwanyi ba Wazalendo bateje akaduruvayo ubwo hashyingurwaga Colonel w'Umunyamurenge
Mu muhango wo gushyingura Colonel Patrick Gisore w’Umunyamulenge wa FARDC hamwe n’umugore we Yvonne Nyamahoro, bahitanywe n’impanuka ya kajugujugu ya gisirikare yabaye ku wa 16 Kanama 2025, habaye imvururu zatewe n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana na Leta ya Kinshasa.
Ibi byabereye mu mujyi wa Uvira ku wa Mbere, ubwo abo bombi bashyingurwaga. Abo barwanyi, basanzwe batuye muri ako gace, binjiye mu muhango bateza akaduruvayo, bashinja bamwe mu banyamulenge gukorana n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Congo.
Ababibonye bavuga ko abo barwanyi bagaragaraga nk’abafite umujinya ukabije, bakinjira mu gikorwa bakagihagarika, bavuga ko baturutse mu mutwe wa Wazalendo.
Abaturage bamwe b’Abanyamulenge bari bagiye gushyingura ubwo bari mu gace ka Kilomoni bafatiwe ahitwa Mulongwe, bafungiranwa mu rusengero rwa Communauté des Assemblées de Dieu du Congo (CADC) n’abo barwanyi.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko bamwe muri abo barwanyi banarasiye urufaya rw’amasasu mu baturage bari hanze y’urusengero, ndetse banatwara imodoka, telefone, amafaranga n’ibindi bikoresho birimo by’urusengero.


Kinyarwanda
English
Swahili









