issa
Afurika: Abarenga 650 batawe muri yombi bakekwaho ubujura bukorerwa kuri murandasi

Afurika: Abarenga 650 batawe muri yombi bakekwaho ubujura bukorerwa kuri murandasi

Feb 20, 2026 - 17:55
 0

Umuryango Mpuzamahanga wa INTERPOL watangaje ko wataye muri yombi abantu barenga 650 bakekwaho kugira uruhare mu bujura bw’ikoranabuhanga, mu iperereza ryakozwe mu mezi abiri ryari rigamije kurwanya ubujura bukorerwa kuri murandasi


Ni amakuru yatangajwe ku wa 19 Gashyantare 2026 n’Umuryango Mpuzamahanga wa Polisi ushinzwe kurwanya ibyaha ku isi, INTERPOL, ukaba ari na wo wakoze iryo perereza ryafatiwemo abantu barenga 650 kuva ritangiye gukorwa mu kwezi k'Ugushyingo 2025, kugeza mu mpera za Mutarama 2026.

Iri perereza ryibanze cyane ku matsinda y'abiyitaga sosiyete zikomeye zikora ishoramari zigasahura abaturage binyuze mu bwiyitirire bwo gushora imari mu mishinga itabaho hamwe n’ubujura bwo kohereza amafaranga hifashishijwe murandasi binyuze muri porogaramu zirenga 1,400 mpimbano.

Abashinzwe iperereza muri INTERPOL bavuze ko abo bantu batawe muri yombi bakurikiranweho ubujura bw'arenga miliyoni 45 z’amadolari y’Amerika yibwe hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse hanafatwa ibikoresho birenga 2,300 byifashishwaga muri ubwo bujura.

Mu bafashwe, harimo abakekwaho gukoresha porogaramu za banki mpimbano bakoherereza abaturage ubutumwa bugufi mpimbano bwabashishikarizaga gushora amafaranga yabo bijejwe inyungu iri hejuru mu gihe gito.

Ibihugu byafatiwemo abo bantu barenga 650 ni Côte d’Ivoire, Nigeria, Kenya, Uganda, Tanzania, Somalia, Malawi na Maroc.

Ubuyobozi bwa INTERPOL bushinzwe kurwanya ibyaha bwavuze ko ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga atari iby’ubujura gusa ahubwo ko iryo koranabuhanga ryanakoreweho ubucuruzi bw’abantu bagiye boherezwa hanze y'Afurika.

Afurika: Abarenga 650 batawe muri yombi bakekwaho ubujura bukorerwa kuri murandasi

Feb 20, 2026 - 17:55
Feb 20, 2026 - 18:18
 0
Afurika: Abarenga 650 batawe muri yombi bakekwaho ubujura bukorerwa kuri murandasi

Umuryango Mpuzamahanga wa INTERPOL watangaje ko wataye muri yombi abantu barenga 650 bakekwaho kugira uruhare mu bujura bw’ikoranabuhanga, mu iperereza ryakozwe mu mezi abiri ryari rigamije kurwanya ubujura bukorerwa kuri murandasi


Ni amakuru yatangajwe ku wa 19 Gashyantare 2026 n’Umuryango Mpuzamahanga wa Polisi ushinzwe kurwanya ibyaha ku isi, INTERPOL, ukaba ari na wo wakoze iryo perereza ryafatiwemo abantu barenga 650 kuva ritangiye gukorwa mu kwezi k'Ugushyingo 2025, kugeza mu mpera za Mutarama 2026.

Iri perereza ryibanze cyane ku matsinda y'abiyitaga sosiyete zikomeye zikora ishoramari zigasahura abaturage binyuze mu bwiyitirire bwo gushora imari mu mishinga itabaho hamwe n’ubujura bwo kohereza amafaranga hifashishijwe murandasi binyuze muri porogaramu zirenga 1,400 mpimbano.

Abashinzwe iperereza muri INTERPOL bavuze ko abo bantu batawe muri yombi bakurikiranweho ubujura bw'arenga miliyoni 45 z’amadolari y’Amerika yibwe hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse hanafatwa ibikoresho birenga 2,300 byifashishwaga muri ubwo bujura.

Mu bafashwe, harimo abakekwaho gukoresha porogaramu za banki mpimbano bakoherereza abaturage ubutumwa bugufi mpimbano bwabashishikarizaga gushora amafaranga yabo bijejwe inyungu iri hejuru mu gihe gito.

Ibihugu byafatiwemo abo bantu barenga 650 ni Côte d’Ivoire, Nigeria, Kenya, Uganda, Tanzania, Somalia, Malawi na Maroc.

Ubuyobozi bwa INTERPOL bushinzwe kurwanya ibyaha bwavuze ko ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga atari iby’ubujura gusa ahubwo ko iryo koranabuhanga ryanakoreweho ubucuruzi bw’abantu bagiye boherezwa hanze y'Afurika.