issa
Hari abana biyahuye: Ibitaravuzwe mu rubanza rwa Mark Zuckerberg 

Hari abana biyahuye: Ibitaravuzwe mu rubanza rwa Mark Zuckerberg 

Feb 20, 2026 - 14:50
 0

Umuherwe Mark Zuckerberg yitabye Urukiko ahakana ibyaha aregwa. Ku wa 19 Gashyantare 2026 Mark Zuckerberg uyobora ikigo Meta gifite imbuga nkoranyambaga za Instagram, Facebook na WhatsApp yagowe no kwisobanura ku birego byo kuba Instagram iri koreka abana bato kuko bahindutse imbata.


Uru rubanza rwakuruye impaka nyinshi kuko abanyamategeko ba Markc Zuckerberg bananiwe gusobanura amategeko ahamye arengera abana. Ni urubanza kandi rurimo YouTube ya Google dore ko nayo yarezwe kugira abana imbata.

TikTok na Snapchat na bo bari batumijwe, ariko bo ibyabo byakemutse mbere y'uko urubanza rutangira kandi ibyumvikanyweho ku mpande zombi ntibyigeze bimenyekana.Meta yagiye ivuga kenshi ko ishyiraho ingamba zo kurengera abana bakoresha imbuga zayo kandi ikabuza abantu bari munsi y'imyaka 13 gukoresha izo mbuga.

Ariko mu rukiko, Mark Lanier, umwavoka uhagarariye abaregwa, akaba azwi ku mazina ahinnye ya K.G.M, yagiye agaragaza ubutumwa bw'imbere mu kigo, emails, n'ubushakashatsi byerekana ko Zuckerberg n'abandi bakozi ba Meta bigeze kuganira ku ikoreshwa rya Instagram na Facebook bikozwe n'abangavu hamwe n'abasore bato.

Email imwe yo mu 2019, yoherejwe kuri Zuckerberg n'abayobozi batatu bakuru ba Meta, yagaragazaga ikibazo cy'"urugero rw'imyaka rudashyirwa mu bikorwa" ku rubuga rwabo.

Zuckerberg yavuze ko ikigo cyigeze kugira ibiganiro ku buryo bwo gukora imikorere y'imbuga ishobora gukoreshwa n'abana bari munsi y'imyaka 13 "mu buryo bugenzurwa n'amategeko."

Yagaragaje serivisi ya Messenger Kids, avuga ko "itakunzwe cyane" ariko ko ayikoresha ndetse "n'abana banjye."

Zuckerberg n'umugore we Priscilla Chan bafite abana batatu.

Mu butumwa bumwe bwo mu mwaka wa 2015, Zuckerberg yabwiye itsinda ry'abayobozi ko mu ntego yari yihaye muri uwo mwaka harimo ko "igihe abantu bamara ku rubuga cyiyongera ku kigero cya 12%" ndetse no "guhindura icyerekezo cy'urubyiruko cyari kimaze kugabanuka."

Ubundi butumwa bwo mu mwaka wa 2017 bwanditswe n'umwe mu bayobozi bwavugaga ko "Mark yafashe icyemezo ko icy'ingenzi kurusha ibindi muri sosiyete ari urubyiruko."

Zuckerberg yavuze ko "mu bihe bya mbere bya sosiyete" yahaga abayobozi intego zo kongera igihe abantu bamara ku mbuga zayo, ariko ashimangira ko ubu atari bwo buryo sosiyete igikoresha.

Urubanza rwa Mark Zuckerberg rwitabiriwe n'ababyeyi bafite abana biyahuye kubera kuba imbata ya Instagram. 

Lori Schott yari umwe muri abo babyeyi. Yari yambaye ikirango kinini kirimo ifoto y'umukobwa we Annalee Schott, wiyahuye afite imyaka 18.

Schott yavuze ari hanze y'urukiko ati: "Izi mbuga zishobora guhinduka. Ntibyafata igihe kirekire guhindura uko algorithm itoranya ibigaragarizwa abantu, kugira ngo abana badakomeza kwiyahura. Ese biragoye cyane kubikora, Bwana Zuckerberg?"

Ni urubanza ruzamara igihe kirekire kuko hazumvikanamo abakozi ba Meta batanga ubuhamya,ababaye imbata y'imbuga nkoranyambaga n'ababyeyi bafite abana biyahuye kubera gukoresha imbuga nkoranyambaga by'umwihariko Instagram. 

Izo manza zishinja Meta n'izindi mbuga nkoranyambaga zirimo TikTok, Snapchat na YouTube, ko zikora mu buryo bushobora guteza ububata abazikoresha (addiction), bikarangira bigize ingaruka mbi ku bana benshi.

Muri rumwe muri izo manza, abashinjacyaha bakuru b'intara 29 barasaba urukiko rwa leta ruri muri California gutegeka izo mbuga guhita zigira ibyo zihindura, mbere y'uko urubanza ruburanishwa mu mizi.

Muri ibyo basaba harimo gutegeka Meta gusiba konti zose zizwi ko ari iz'abana bari munsi y'imyaka 13.

Ibihugu byinshi bigenda bijya muri uyu mujyo wo gushyiraho amategeko agabanya ikoreshwa ry'imbuga nkoranyambaga ku rubyiruko.

Mu mpera z'umwaka ushize, Australia yashyizeho itegeko ribuza abantu bari munsi y'imyaka 16 kugira konti ku mbuga nkoranyambaga. Ubwongereza, Denmark, Ubufaransa na Espagne na byo birimo kwiga ku ngamba nk'izo.

Hari abana biyahuye: Ibitaravuzwe mu rubanza rwa Mark Zuckerberg 

Feb 20, 2026 - 14:50
Feb 20, 2026 - 14:53
 0
Hari abana biyahuye: Ibitaravuzwe mu rubanza rwa Mark Zuckerberg 

Umuherwe Mark Zuckerberg yitabye Urukiko ahakana ibyaha aregwa. Ku wa 19 Gashyantare 2026 Mark Zuckerberg uyobora ikigo Meta gifite imbuga nkoranyambaga za Instagram, Facebook na WhatsApp yagowe no kwisobanura ku birego byo kuba Instagram iri koreka abana bato kuko bahindutse imbata.


Uru rubanza rwakuruye impaka nyinshi kuko abanyamategeko ba Markc Zuckerberg bananiwe gusobanura amategeko ahamye arengera abana. Ni urubanza kandi rurimo YouTube ya Google dore ko nayo yarezwe kugira abana imbata.

TikTok na Snapchat na bo bari batumijwe, ariko bo ibyabo byakemutse mbere y'uko urubanza rutangira kandi ibyumvikanyweho ku mpande zombi ntibyigeze bimenyekana.Meta yagiye ivuga kenshi ko ishyiraho ingamba zo kurengera abana bakoresha imbuga zayo kandi ikabuza abantu bari munsi y'imyaka 13 gukoresha izo mbuga.

Ariko mu rukiko, Mark Lanier, umwavoka uhagarariye abaregwa, akaba azwi ku mazina ahinnye ya K.G.M, yagiye agaragaza ubutumwa bw'imbere mu kigo, emails, n'ubushakashatsi byerekana ko Zuckerberg n'abandi bakozi ba Meta bigeze kuganira ku ikoreshwa rya Instagram na Facebook bikozwe n'abangavu hamwe n'abasore bato.

Email imwe yo mu 2019, yoherejwe kuri Zuckerberg n'abayobozi batatu bakuru ba Meta, yagaragazaga ikibazo cy'"urugero rw'imyaka rudashyirwa mu bikorwa" ku rubuga rwabo.

Zuckerberg yavuze ko ikigo cyigeze kugira ibiganiro ku buryo bwo gukora imikorere y'imbuga ishobora gukoreshwa n'abana bari munsi y'imyaka 13 "mu buryo bugenzurwa n'amategeko."

Yagaragaje serivisi ya Messenger Kids, avuga ko "itakunzwe cyane" ariko ko ayikoresha ndetse "n'abana banjye."

Zuckerberg n'umugore we Priscilla Chan bafite abana batatu.

Mu butumwa bumwe bwo mu mwaka wa 2015, Zuckerberg yabwiye itsinda ry'abayobozi ko mu ntego yari yihaye muri uwo mwaka harimo ko "igihe abantu bamara ku rubuga cyiyongera ku kigero cya 12%" ndetse no "guhindura icyerekezo cy'urubyiruko cyari kimaze kugabanuka."

Ubundi butumwa bwo mu mwaka wa 2017 bwanditswe n'umwe mu bayobozi bwavugaga ko "Mark yafashe icyemezo ko icy'ingenzi kurusha ibindi muri sosiyete ari urubyiruko."

Zuckerberg yavuze ko "mu bihe bya mbere bya sosiyete" yahaga abayobozi intego zo kongera igihe abantu bamara ku mbuga zayo, ariko ashimangira ko ubu atari bwo buryo sosiyete igikoresha.

Urubanza rwa Mark Zuckerberg rwitabiriwe n'ababyeyi bafite abana biyahuye kubera kuba imbata ya Instagram. 

Lori Schott yari umwe muri abo babyeyi. Yari yambaye ikirango kinini kirimo ifoto y'umukobwa we Annalee Schott, wiyahuye afite imyaka 18.

Schott yavuze ari hanze y'urukiko ati: "Izi mbuga zishobora guhinduka. Ntibyafata igihe kirekire guhindura uko algorithm itoranya ibigaragarizwa abantu, kugira ngo abana badakomeza kwiyahura. Ese biragoye cyane kubikora, Bwana Zuckerberg?"

Ni urubanza ruzamara igihe kirekire kuko hazumvikanamo abakozi ba Meta batanga ubuhamya,ababaye imbata y'imbuga nkoranyambaga n'ababyeyi bafite abana biyahuye kubera gukoresha imbuga nkoranyambaga by'umwihariko Instagram. 

Izo manza zishinja Meta n'izindi mbuga nkoranyambaga zirimo TikTok, Snapchat na YouTube, ko zikora mu buryo bushobora guteza ububata abazikoresha (addiction), bikarangira bigize ingaruka mbi ku bana benshi.

Muri rumwe muri izo manza, abashinjacyaha bakuru b'intara 29 barasaba urukiko rwa leta ruri muri California gutegeka izo mbuga guhita zigira ibyo zihindura, mbere y'uko urubanza ruburanishwa mu mizi.

Muri ibyo basaba harimo gutegeka Meta gusiba konti zose zizwi ko ari iz'abana bari munsi y'imyaka 13.

Ibihugu byinshi bigenda bijya muri uyu mujyo wo gushyiraho amategeko agabanya ikoreshwa ry'imbuga nkoranyambaga ku rubyiruko.

Mu mpera z'umwaka ushize, Australia yashyizeho itegeko ribuza abantu bari munsi y'imyaka 16 kugira konti ku mbuga nkoranyambaga. Ubwongereza, Denmark, Ubufaransa na Espagne na byo birimo kwiga ku ngamba nk'izo.