issa
Perezida Joe Biden yibasiwe n’uburwayi bukomeye bwageze no mu magufwa

Perezida Joe Biden yibasiwe n’uburwayi bukomeye bwageze no mu magufwa

May 19, 2025 - 08:30
 0

Perezida wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yagaragayeho kanseri ikaze ya Prostate yamaze no gukwira mu magufwa, nk’uko byatangajwe n’ibiro bye bwite mu itangazo ryasohotse ku cyumweru.


Itangazo ryasohotse ryavuze ko Biden yasuzumwe mu cyumweru gishize nyuma yo gutangira kugaragaza ibimenyetso bidasanzwe bijyanye no kwihagarika.

Ku wa Gatanu tariki 16 gicurasi 2025, asangwamo kanseri ya Prostate ifite urwego rwo hejuru rw’ubukana, izwi nka Gleason score 9 (Grade Group 5). Abaganga kandi bemeje ko iyo kanseri yamaze no gukwira mu magufwa.

Mu itangazo basohoye bavuze ko nubwo iyi Kanseri ifite ubukana ndetse ikaba iteye ubwoba ariko ishobora kwitabwaho neza ikavurwa dore ko n’imiti yayo ihari.

Ibiro bye byongeyeho ko Biden n’umuryango we bari kuganira n’itsinda ry’abaganga be ku buryo bwo kumuvuza.

Iyi ndwara yagaragaye hafi amezi icumi nyuma y’uko Biden yikuye mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2024, kubera impungenge zuko imyaka y’ubuzima yariri kwiyongera ndetse n’impungenge ku buzima bwe zari nyinshi.

Icyemezo cye cyaje gikurikiye ikiganiro mpaka cyabaye muri Kamena 2024 ahanganye na Donald Trump, cyakiriwe nabi cyane, aho Biden yagaragazaga ibibazo mu gusobanura ibitekerezo bye no kunanirwa ku mubiri,  ibintu byatumye abayobozi bakuru b’ishyaka ryaba Demokarate n’itangazamakuru basaba ko yegura.

 

Biden yahisemo kureka kwiyamamaza ku wa 21 Nyakanga 2024, ashyigikira Visi Perezida wari uriho icyo gihe, Kamala Harris, ngo abe umukandida wiryo shyaka ryaba Demokarate.

Nubwo yamushyigikiye, Harris yatsinzwe amatora na Donald Trump, wahise ahabwa manda ye ya Kabiri nka Perezida wa Amerika.

Biden, ubu wujuje imyaka 82, yarangije manda ye mbere yo kwiyambura inshingano za politiki mu ruhame. Kuva ubwo, yagiye agaragara gake mu ruhame ariko agumana agaciro n’icyubahiro mu ishyaka rya Demokarate.

Perezida Joe Biden yibasiwe n’uburwayi bukomeye bwageze no mu magufwa

May 19, 2025 - 08:30
May 19, 2025 - 09:21
 0
Perezida Joe Biden yibasiwe n’uburwayi bukomeye bwageze no mu magufwa

Perezida wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yagaragayeho kanseri ikaze ya Prostate yamaze no gukwira mu magufwa, nk’uko byatangajwe n’ibiro bye bwite mu itangazo ryasohotse ku cyumweru.


Itangazo ryasohotse ryavuze ko Biden yasuzumwe mu cyumweru gishize nyuma yo gutangira kugaragaza ibimenyetso bidasanzwe bijyanye no kwihagarika.

Ku wa Gatanu tariki 16 gicurasi 2025, asangwamo kanseri ya Prostate ifite urwego rwo hejuru rw’ubukana, izwi nka Gleason score 9 (Grade Group 5). Abaganga kandi bemeje ko iyo kanseri yamaze no gukwira mu magufwa.

Mu itangazo basohoye bavuze ko nubwo iyi Kanseri ifite ubukana ndetse ikaba iteye ubwoba ariko ishobora kwitabwaho neza ikavurwa dore ko n’imiti yayo ihari.

Ibiro bye byongeyeho ko Biden n’umuryango we bari kuganira n’itsinda ry’abaganga be ku buryo bwo kumuvuza.

Iyi ndwara yagaragaye hafi amezi icumi nyuma y’uko Biden yikuye mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2024, kubera impungenge zuko imyaka y’ubuzima yariri kwiyongera ndetse n’impungenge ku buzima bwe zari nyinshi.

Icyemezo cye cyaje gikurikiye ikiganiro mpaka cyabaye muri Kamena 2024 ahanganye na Donald Trump, cyakiriwe nabi cyane, aho Biden yagaragazaga ibibazo mu gusobanura ibitekerezo bye no kunanirwa ku mubiri,  ibintu byatumye abayobozi bakuru b’ishyaka ryaba Demokarate n’itangazamakuru basaba ko yegura.

 

Biden yahisemo kureka kwiyamamaza ku wa 21 Nyakanga 2024, ashyigikira Visi Perezida wari uriho icyo gihe, Kamala Harris, ngo abe umukandida wiryo shyaka ryaba Demokarate.

Nubwo yamushyigikiye, Harris yatsinzwe amatora na Donald Trump, wahise ahabwa manda ye ya Kabiri nka Perezida wa Amerika.

Biden, ubu wujuje imyaka 82, yarangije manda ye mbere yo kwiyambura inshingano za politiki mu ruhame. Kuva ubwo, yagiye agaragara gake mu ruhame ariko agumana agaciro n’icyubahiro mu ishyaka rya Demokarate.