P Diddy yifuza ko urubanza rwe rusubira irudubi
Umuraperi P Diddy wakatiwe igifungo cy'amezi 50 angana n'imyaka ine (4) n'ihazabu y'ibihumbi $500, yarajuriye akaba yifuza ko igihano yahawe cyakurwaho agataha cyangwa se urubanza rwe rugasubira ibubisi (irudubi).
Ubundi P Diddy yakatiwe ku wa 3 Ukwakira 2025 ariko yatawe muri yombi muri Nzeri 2024.
Yahamijwe ibyaha byo gucuruza abagore mu bihugu bitandukanye kugirango bakoreshwe imibonano mpuzabitsina n'icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.
Urubanza rw'uyu mugabo w'imyaka 55 y'amavuko ruri mu manza zakurikiwe cyane ku isi mu kinyejana cya 21 bitewe n'izina afite mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika. Urubanza rwe rwamaze ibyumweru birindwi (7).
Abanyamategeko ba P Diddy batanze ubujurire ku wa 24 Ukuboza 2025. Banenze imikirize y'urubanza aho basobanuye ko umucamanza Arun Subramanian mu gutangaza igihano yirengagije ko inteko iburanisha yari yaragize umwere P Diddy.


Kinyarwanda
English
Swahili









