Burundi: Kwigondera inyama n'amakara birakorwa n'umugabo bigasiba undi

Burundi: Kwigondera inyama n'amakara birakorwa n'umugabo bigasiba undi

Apr 18, 2025 - 11:36
 0

Ikibazo cy’amakara n’inyama gikomeje kuba ingorabahizi mu gihugu cy’u Burundi nyuma y’uko ibiciro byabyo bikomeje kuzamuka umusubirizo.


Uturere twinshi twaba utwo mu mujyi ndetse no mu byaro twamaze guhungabanywa  n’uko ubuzima bwa buri munsi bw'ingo nyinshi bukomeje guhenda kubera izamuka ry’ibiciro by’ibyo biribwa.

Mu maguriro amwe n’amwe y'inyama yasuwe mu duce dutandukanye, ikiro cy’inyama z’amagufwa ni 30.000 FBu aho kuba 20.000 na 25.000 FBU, mu gihe igiciro cy'ikiro cy'inyama z’amaroti ari 33.000FBu aho kuba hagati ya 22.000 na 28.000FBu.

Naho ku ruhande rw’abagurisha amakara, bamwe bavuga ko izamuka ry'igiciro rishobora kumara igihe kuko uko iminsi ishira birushaho kuba bibi. Igipimo cy’ibanze gipimirwaho amakara cyaguraga  1.000 FBu cyikubye kabiri kuko cyageze kuri 2000FBu ndetse ngo hari naho cyageze kuri 3.000 na 5.000 FBu".

Umwe mu bacuruzi waganiriye na Iwacu Burundi, yavuze ko kuzamuka kw’ibiciro bituma bigorana  guha serivisi nziza ku babagana kuko usanga babyinubira.

Avuga ko mbere, umufuka w’amakara waguraga 70.000 FBu , ariko ubu ukaba usigaye ugura 90.000 FBu ndetse no kuzamura.

Uretse ibicuruzwa byavuzwe haruguru, hari n’ibindi bikomeje kugenda bizamura ibiciro ku masoko bikaba bikomeje guteza ihungabana ry’ubukungu.

Burundi: Kwigondera inyama n'amakara birakorwa n'umugabo bigasiba undi

Apr 18, 2025 - 11:36
 0
Burundi: Kwigondera inyama n'amakara birakorwa n'umugabo bigasiba undi

Ikibazo cy’amakara n’inyama gikomeje kuba ingorabahizi mu gihugu cy’u Burundi nyuma y’uko ibiciro byabyo bikomeje kuzamuka umusubirizo.


Uturere twinshi twaba utwo mu mujyi ndetse no mu byaro twamaze guhungabanywa  n’uko ubuzima bwa buri munsi bw'ingo nyinshi bukomeje guhenda kubera izamuka ry’ibiciro by’ibyo biribwa.

Mu maguriro amwe n’amwe y'inyama yasuwe mu duce dutandukanye, ikiro cy’inyama z’amagufwa ni 30.000 FBu aho kuba 20.000 na 25.000 FBU, mu gihe igiciro cy'ikiro cy'inyama z’amaroti ari 33.000FBu aho kuba hagati ya 22.000 na 28.000FBu.

Naho ku ruhande rw’abagurisha amakara, bamwe bavuga ko izamuka ry'igiciro rishobora kumara igihe kuko uko iminsi ishira birushaho kuba bibi. Igipimo cy’ibanze gipimirwaho amakara cyaguraga  1.000 FBu cyikubye kabiri kuko cyageze kuri 2000FBu ndetse ngo hari naho cyageze kuri 3.000 na 5.000 FBu".

Umwe mu bacuruzi waganiriye na Iwacu Burundi, yavuze ko kuzamuka kw’ibiciro bituma bigorana  guha serivisi nziza ku babagana kuko usanga babyinubira.

Avuga ko mbere, umufuka w’amakara waguraga 70.000 FBu , ariko ubu ukaba usigaye ugura 90.000 FBu ndetse no kuzamura.

Uretse ibicuruzwa byavuzwe haruguru, hari n’ibindi bikomeje kugenda bizamura ibiciro ku masoko bikaba bikomeje guteza ihungabana ry’ubukungu.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.