Abahagarariye Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bateraniye i Kigali

Abahagarariye Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bateraniye i Kigali

Apr 1, 2025 - 14:09
 0

Abahagarariye Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zishinzwe gutabara ( Eastern Africa Standby Force: EASF) n’inzego zitandukanye mu Rwanda bateraniye i Kigali mu nama y’iminsi itatu igamije kunoza ubufatanye n’imikoranire hagati ya EASF n’u Rwanda.


Iyi nama yatangiye kuri uyu wa 01 Mata 2025, iri kurebera hamwe uburyo habaho ubufatanye mu kongera ingamba zo guhora biteguye, guhangana no gukumira ibibazo bibangamiye umutekano, ubuzima, ibyorezo ndetse n’ibiza.

Iyi nama kandi igamije  kunoza ubufafanye n’imikoranire hagati ya EASF n’u Rwanda binyuze mu nzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Ingabo, iy’ubuzima n’izindi.

Ku ruhande rw'u Rwanda, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yerekanye akamaro k’ubufatanye bw’ibihugu binyamuryango bya EASF mu kugera ku mahoro arambye n’uburyo bwo kwitegura guhangana n’imbogamizi zigenda zivuka zirimo ibiza.

Iyi nama ibaye mu gihe mu karere k'ibiyaga bigari hari umwuka mubi cyane cyane mu burasirazuba bwa Congo, aho umutwe wa M23 umaze igihe kirenga imyaka 3 urwana na Leta ya Kinshasa.

Ni mu gihe kandi hashize igihe gisaga umwaka uyu mutwe w'Ingabo za EASF wirukanywe mu burasirazuba bwa  DRC  na Leta ya Kinshasa, aho wari waroherejwe kubungabunga amahoro muri ako agace.

Abahagarariye Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bateraniye i Kigali

Apr 1, 2025 - 14:09
Apr 1, 2025 - 14:26
 0
Abahagarariye Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bateraniye i Kigali

Abahagarariye Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zishinzwe gutabara ( Eastern Africa Standby Force: EASF) n’inzego zitandukanye mu Rwanda bateraniye i Kigali mu nama y’iminsi itatu igamije kunoza ubufatanye n’imikoranire hagati ya EASF n’u Rwanda.


Iyi nama yatangiye kuri uyu wa 01 Mata 2025, iri kurebera hamwe uburyo habaho ubufatanye mu kongera ingamba zo guhora biteguye, guhangana no gukumira ibibazo bibangamiye umutekano, ubuzima, ibyorezo ndetse n’ibiza.

Iyi nama kandi igamije  kunoza ubufafanye n’imikoranire hagati ya EASF n’u Rwanda binyuze mu nzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Ingabo, iy’ubuzima n’izindi.

Ku ruhande rw'u Rwanda, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yerekanye akamaro k’ubufatanye bw’ibihugu binyamuryango bya EASF mu kugera ku mahoro arambye n’uburyo bwo kwitegura guhangana n’imbogamizi zigenda zivuka zirimo ibiza.

Iyi nama ibaye mu gihe mu karere k'ibiyaga bigari hari umwuka mubi cyane cyane mu burasirazuba bwa Congo, aho umutwe wa M23 umaze igihe kirenga imyaka 3 urwana na Leta ya Kinshasa.

Ni mu gihe kandi hashize igihe gisaga umwaka uyu mutwe w'Ingabo za EASF wirukanywe mu burasirazuba bwa  DRC  na Leta ya Kinshasa, aho wari waroherejwe kubungabunga amahoro muri ako agace.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.