issa
Umusore yafungiwe kwinjira mu nzu ya Trump ashaka kurongora umwuzukuru we

Umusore yafungiwe kwinjira mu nzu ya Trump ashaka kurongora umwuzukuru we

Jun 4, 2025 - 18:22
 0

Umusore w’imyaka 23 yafatiwe ku nzu ya Mar-a-Lago ya Donald Trump iri muri Leta ya Florida ashaka kuyinjiramo abeshya ko agiye kwigisha Ijambo ry’Imana ariko afite umugambi wo gushaka kugira Kai Trump umugore we.


Uyu musore yemereye polisi ko yashakaga kwinjira muri Mar-a-Lago kugira ngo yigishe Ijambo ry’Imana, anagerageze amahirwe yo gushyingiranwa na Kai Trump [umwuzukuru wa Donald Trump] ufite imyaka 18.

Yafashwe n’abashinzwe umutekano ubwo yageragezaga kurira uruzitiro rw’inzu ya Trump mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, ahita atabwa muri yombi.

Polisi yatangaje ko ari ubwa kabiri uyu musore afatiwe hafi y’inyubako ya Mar-a-Lago, kuko no mu ijoro rishyira ku wa 1 Mutarama 2025 na bwo yashatse kuhinjira.

Ubu afungiye muri gereza yo mu gace ka Palm Beach, ashinjwa icyaha cyo kwinjira mu nyubako y’abandi atabiherewe uburenganzira.

Kuva Donald Trump arashwe ku gutwi muri Nyakanga 2024, inzu ye ya Mar-a-Lago isigaye irindwa bikomeye.

Umusore yafungiwe kwinjira mu nzu ya Trump ashaka kurongora umwuzukuru we

Jun 4, 2025 - 18:22
Jun 4, 2025 - 18:40
 0
Umusore yafungiwe kwinjira mu nzu ya Trump ashaka kurongora umwuzukuru we

Umusore w’imyaka 23 yafatiwe ku nzu ya Mar-a-Lago ya Donald Trump iri muri Leta ya Florida ashaka kuyinjiramo abeshya ko agiye kwigisha Ijambo ry’Imana ariko afite umugambi wo gushaka kugira Kai Trump umugore we.


Uyu musore yemereye polisi ko yashakaga kwinjira muri Mar-a-Lago kugira ngo yigishe Ijambo ry’Imana, anagerageze amahirwe yo gushyingiranwa na Kai Trump [umwuzukuru wa Donald Trump] ufite imyaka 18.

Yafashwe n’abashinzwe umutekano ubwo yageragezaga kurira uruzitiro rw’inzu ya Trump mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, ahita atabwa muri yombi.

Polisi yatangaje ko ari ubwa kabiri uyu musore afatiwe hafi y’inyubako ya Mar-a-Lago, kuko no mu ijoro rishyira ku wa 1 Mutarama 2025 na bwo yashatse kuhinjira.

Ubu afungiye muri gereza yo mu gace ka Palm Beach, ashinjwa icyaha cyo kwinjira mu nyubako y’abandi atabiherewe uburenganzira.

Kuva Donald Trump arashwe ku gutwi muri Nyakanga 2024, inzu ye ya Mar-a-Lago isigaye irindwa bikomeye.