issa
Perezida Samia Suluhu Hassan yasabiwe gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha

Perezida Samia Suluhu Hassan yasabiwe gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha

Nov 26, 2025 - 16:34
 0

Abanyamategeko bahagarariye abantu bivugwa ko babarirwa mu magana biciwe mu myigaragambyo yakurikiye amatora yo muri Tanzania basabye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) gukurikirana Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan n’abandi bayobozi bakuru bakwiye kubiryozwa.


Ntibiramenyekana niba ubwo busabe buzemerwa na ICC ikinjira mu iperereza kuri ibyo birego gusa ubwo busabe bugaragaza ibyaha byibasiye inyokomuntu byakorewe mu myigaragambyo.

Abanyamategeko bahagarariye imiryango y’ababuriye ababo muri iyo myigaragambyo basabye Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru wa ICC, Karim Khan ko mu bushishozi bwabo basuzuma ibyakorewe mu myigaragambyo muri Tanzania, bakikorera iperereza ababikoze bakabiryozwa.

Ibyo iryo huriro ryatanze muri ubwo ubusabe bukubiye mu nyandiko y’amapaji 85 bigaragaza uburyo mu minsi itatu yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Tanzania hishwe abagera kuri 700 abandi bakorerwa iyicarubozo, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi byaha byibasira inyokomuntu.

Tanzania ni kimwe mu bihugu byashyize umukono ku Masezerano ya Roma ashyiraho ICC. Yayasinye mu 2002; bivuze ko urwo rukiko rufite uburenganzira bwo gukurikiranira ku butaka bw’icyo gihugu ibyaha byahakorewe mu gihe rubyemeje.

Iyo ICC imaze kwakira ubwo busabe ibukorera isuzuma igasesengura ibyo ababutanze bagaragaje igafata umwe mu myanzuro itatu y’igishobora gukurikiraho, irimo kwanzura gutangiza iperereza ryimbitse mu gihe ibonye ibiri muri ubwo busabe bifite ishingiro, ishobora no kubwanga burundu cyangwa igasaba ababutanze kongeramo ibindi bimenyetso bishimangira ibyo bavuga.

Mu gihe ICC yaba yaba yemeje ko igiye gukora iperereza muri Tanzania kandi rikagaragaza ko ibyagaragajwe bifite ishingiro, bamwe mu bayobozi muri Tanzania barimo na Perezida Samia Suluhu Hassan bashobora gushyirirwamo impapuro zo gutabwa muri yombi no kwisanga imbere y’abacamanza b’urwo rukiko.

Perezida Samia Suluhu Hassan yasabiwe gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha

Nov 26, 2025 - 16:34
 0
Perezida Samia Suluhu Hassan yasabiwe gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha

Abanyamategeko bahagarariye abantu bivugwa ko babarirwa mu magana biciwe mu myigaragambyo yakurikiye amatora yo muri Tanzania basabye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) gukurikirana Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan n’abandi bayobozi bakuru bakwiye kubiryozwa.


Ntibiramenyekana niba ubwo busabe buzemerwa na ICC ikinjira mu iperereza kuri ibyo birego gusa ubwo busabe bugaragaza ibyaha byibasiye inyokomuntu byakorewe mu myigaragambyo.

Abanyamategeko bahagarariye imiryango y’ababuriye ababo muri iyo myigaragambyo basabye Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru wa ICC, Karim Khan ko mu bushishozi bwabo basuzuma ibyakorewe mu myigaragambyo muri Tanzania, bakikorera iperereza ababikoze bakabiryozwa.

Ibyo iryo huriro ryatanze muri ubwo ubusabe bukubiye mu nyandiko y’amapaji 85 bigaragaza uburyo mu minsi itatu yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Tanzania hishwe abagera kuri 700 abandi bakorerwa iyicarubozo, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi byaha byibasira inyokomuntu.

Tanzania ni kimwe mu bihugu byashyize umukono ku Masezerano ya Roma ashyiraho ICC. Yayasinye mu 2002; bivuze ko urwo rukiko rufite uburenganzira bwo gukurikiranira ku butaka bw’icyo gihugu ibyaha byahakorewe mu gihe rubyemeje.

Iyo ICC imaze kwakira ubwo busabe ibukorera isuzuma igasesengura ibyo ababutanze bagaragaje igafata umwe mu myanzuro itatu y’igishobora gukurikiraho, irimo kwanzura gutangiza iperereza ryimbitse mu gihe ibonye ibiri muri ubwo busabe bifite ishingiro, ishobora no kubwanga burundu cyangwa igasaba ababutanze kongeramo ibindi bimenyetso bishimangira ibyo bavuga.

Mu gihe ICC yaba yaba yemeje ko igiye gukora iperereza muri Tanzania kandi rikagaragaza ko ibyagaragajwe bifite ishingiro, bamwe mu bayobozi muri Tanzania barimo na Perezida Samia Suluhu Hassan bashobora gushyirirwamo impapuro zo gutabwa muri yombi no kwisanga imbere y’abacamanza b’urwo rukiko.