FIFA yategetse Rayon Sports kwishyura umutoza Milliyoni zirenga 31 Frw
Rayon Sports yaciwe Milliyoni zirenga 31 z'amafaranga y'u Rwanda nyuma y'ikirego cyatanzwe muri FIFA na Robertinho.
Tariki 14 Mata 2025, nibwo Rayon Sports yemeje ko yatandukanye n'umunya-Brazil Robertinho waburaga imikino micye kugira ngo shampiyona y'u Rwanda irangire. Uyu mutoza yasimbuwe na Rwaka Claude wari umutoza w'Abagore ba Rayon Sports.
Ni umutoza watandukanye n'iyi kipe bivugwa atareba neza nubwo Robertinho yabihakanye yivuye inyuma ndetse yemeza ko yari agifite byinshi byo guhereza Rayon Sports.
Robertinho yaje guhita yerekeza muri FIFA asaba ko Rayon Sports yamwishyura amafaranga yari asigaje kugira ngo umwaka w'amasezerano yari yasinye urangire.
Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Kanama 2025 mu masaha y'igicamunsi, nibwo hasohotse amakuru avuga ko umwanzuro wa FIFA wasohotse usaba Rayon Sports kwishyura Robertinho amafaranga angana n'ibihumbi 22.5 by'amadorari, ubwo ni arenga Milliyoni 31 z'amafaranga y'u Rwanda.
Rayon Sports yahawe iminsi 45 gusa ikaba yamaze kwishyura Robertinho aya mafaranga. Muri iyi baruwa yandikiwe Rayon Sports ivuga ko Rayon Sports niramuka itishyuye aya mafaranga izamara imyaka 3 itabasha kwandikisha abakinnyi.
Robertinho Goncalves de Carmo aheruka gutangazwa n'ikipe ikina Shampiyona y'icyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Saudi Arabia yitwa Jeddah Sports Club. Uyu mutoza yasinye amasezerano y'umwaka umwe muri iyi kipe.
Rayon Sports iheruka gukina umukino wa gishuti na Yanga Africans SC yo mu gihugu cya Tanzania. Byari mu birori by'iyi kipe ndetse yaninjiye amafaranga, aho bivugwa ko ari arenga Milliyoni 150 Frw.
Robertinho agiye kwishyurwa Milliyoni zirenga 31 Frw


Kinyarwanda
English
Swahili









