DR Congo: Jenerali yatawe muri yombi azira Gushaka Kwica Perezida
Jenerali Christian Tshiwewe Songesha, wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse akaba yarigeze no kuba Umujyanama wa gisirikare wa Perezida Félix Tshisekedi, yatawe muri yombi akekwaho umugambi wo kwica Perezida.
Aya makuru yemejwe n’Ishyaka riri ku butegetsi, Union pour la Démocratie et le Progrès Social (UDPS). Mu minsi ishize, hari hashize iminsi havugwa ibihuha ku ifatwa rya Jenerali Tshiwewe, ariko ku wa Kabiri tariki ya 15 Nyakanga 2025, Umunyamabanga Mukuru wa UDPS, Augustin Kabuya, yayatangaje ku mugaragaro mu nama ya politiki.
Kabuya yavuze ko Jenerali Tshiwewe akurikiranyweho umugambi wo guhitana Perezida Tshisekedi.
Yakomeje avuga ko Jenerali Tshiwewe atigeze ahakana ibyo aregwa ubwo yabazwaga. Ati: “Abantu bafite ubwenge barabizi ibyo yakoze. Na we ntiyigeze abihakana. Bivuze ngo yicaye, aravuga ati ndamwica. N’inkoko mbere yo kuyica turabanza tugatekereza , none abari inyuma ye twari gukora iki? Twari kumuvugiriza amashyi?”
Lieutenant General Jules Banza Mwilambwe, Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC, yasobanuye ko gufatwa kwa bamwe muri abo bayobozi atari uko baba bahamijwe ibyaha. Yavuze ko abazagaragara ko ari abere bazarekurwa, naho abahamwa n’ibyaha bakazashyikirizwa inkiko.
Major General Sylvain Ekenge, umuvugizi wa FARDC, na we yashyigikiye iri fatwa, avuga ko rishingihe ku “makosa akomeye” y’imyitwarire ya gisirikare. Yashimangiye ko ibi bikorwa bidashingiye ku moko cyangwa inkomoko, ahubwo bishingiye ku myitwarire mibi.


Kinyarwanda
English
Swahili









