APR FC yasubukuye imyitozo idafite Djibril Ouattara [AMAFOTO]
Ikipe y'ingabo z'igihugu, APR FC, yasubukuye imyitozo idafite abakinnyi bahamagawe mu Amavubi ndetse na rutahizamu Cheick Djibril Ouattara.
Ku wa mbere tariki 17 Ugushyingo 2025, ikipe ya APR FC yasubukuye imyitozo nyuma y'ikiruhuko cy'umunsi umwe bari bahawe n'umutoza Abderrahim Taleb. Ni imyitozo yakozwe n'abakinnyi benshi b'abanyamahanga ariko kandi abahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda ntibari bahari.
Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi imaze iminsi itatu iri mu mwiherero kuko watangiye tariki 13 kugeza 16 Ugushyingo 2025. Iyi kipe yakinnye umukino wa gishuti tariki 16 Ugushyingo 2025, n'ikipe ya Al Hilal Omdurman yo muri Sudani zinganya 0-0.
Nyuma y'uyu mwiherero, ikipe ya APR FC yahaye ikiruhuko abakinnyi bayo bari bahamagawe mu ikipe y'igihugu nyuma yo gukina uyu mukino akaba ari nayo mpamvu yatumye badasubukurana n'abandi imyitozo.
Ikipe ya APR FC yakoze imyitozo idafite kandi rutahizamu Cheick Djibril Ouattara. Ubuyobozi bw'ikipe butangaza ko uyu mukinnyi ataragera ku rwego rwiza rwatuma akora imyitozo ikomeye ari byo biri gutuma bamutwara gacye gacye.
Aba bakinnyi bose baratangira imyitozo kuri uyu wa Kabiri. Iyi kipe kugeza ubu ntifite umukinnyi wayo wo hagati ukina asatira, Memel Raouf Dao ugifite imvune ku kuguru kugeza ubu.
APR FC izakina na Musanze FC iri ku mwanya wa 5 n'amanota 11, mu gihe Musanze FC yo iri ku mwanya wa 3 n'amanota 12. APR FC izaba yerekeje mu karere ka Musanze ku wa Gatandatu tariki 22 Ugushyingo 2025.


Kinyarwanda
English
Swahili









