issa
Minisitiri w'intebe yayoboye irahira rya Col. Sumanyi nk’umushinjacyaha mukuru wa gisirikare

Minisitiri w'intebe yayoboye irahira rya Col. Sumanyi nk’umushinjacyaha mukuru wa gisirikare

Feb 19, 2026 - 17:11
 0

Ku wa 19 Gashyantare 2026, Minisitiri w’Intebe w'u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yayoboye umuhango w’irahira rya Col Charles Sumanyi ku mwanya w’Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare, igikorwa cyabereye mu Biro bye.


Col Sumanyi arahiriye izi nshingano nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 28 Mutarama 2026, aho yagiriwe icyizere cyo kuyobora Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, urwego rufite inshingano zo gukurikirana ibyaha birebana n’ingabo no guharanira ubutabera mu nzego za gisirikare.

Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yashimangiye ko izi nshingano zisaba ubunyangamugayo n’ubunyamwuga buhanitse. Yasabye Col Sumanyi kuzarangwa no kwirinda gukoresha ububasha yahawe mu nyungu ze bwite, ahubwo akabukoresha mu nyungu z’igihugu no mu kubahiriza amategeko.

Dr. Nsengiyumva kandi yagaragaje akamaro ko gukora akazi ashishikaye, mu buryo bunoze kandi bwihuse, ashyira imbere itangwa rya serivisi nziza kandi inoze mu gihe asohoza inshingano ze za buri munsi. Yibukije ko ubutabera bwihuse kandi buboneye ari inkingi ikomeye mu kubungabunga umutekano n’icyizere mu nzego z’Igisirikare.

Uyu muhango witabiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda; Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja; ndetse n’Umushinjacyaha Mukuru, Angelique Habyarimana.

Irahira rya Col Charles Sumanyi ritezweho gukomeza gushimangira imikorere inoze n’iyubahiriza amategeko mu nzego za gisirikare, no kurushaho kubaka inzego z’ubutabera zishingiye ku mucyo, ubunyamwuga n’ubunyangamugayo.

Minisitiri w'intebe yayoboye irahira rya Col. Sumanyi nk’umushinjacyaha mukuru wa gisirikare

Feb 19, 2026 - 17:11
Feb 19, 2026 - 21:18
 0
Minisitiri w'intebe yayoboye irahira rya Col. Sumanyi nk’umushinjacyaha mukuru wa gisirikare

Ku wa 19 Gashyantare 2026, Minisitiri w’Intebe w'u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yayoboye umuhango w’irahira rya Col Charles Sumanyi ku mwanya w’Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare, igikorwa cyabereye mu Biro bye.


Col Sumanyi arahiriye izi nshingano nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 28 Mutarama 2026, aho yagiriwe icyizere cyo kuyobora Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, urwego rufite inshingano zo gukurikirana ibyaha birebana n’ingabo no guharanira ubutabera mu nzego za gisirikare.

Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yashimangiye ko izi nshingano zisaba ubunyangamugayo n’ubunyamwuga buhanitse. Yasabye Col Sumanyi kuzarangwa no kwirinda gukoresha ububasha yahawe mu nyungu ze bwite, ahubwo akabukoresha mu nyungu z’igihugu no mu kubahiriza amategeko.

Dr. Nsengiyumva kandi yagaragaje akamaro ko gukora akazi ashishikaye, mu buryo bunoze kandi bwihuse, ashyira imbere itangwa rya serivisi nziza kandi inoze mu gihe asohoza inshingano ze za buri munsi. Yibukije ko ubutabera bwihuse kandi buboneye ari inkingi ikomeye mu kubungabunga umutekano n’icyizere mu nzego z’Igisirikare.

Uyu muhango witabiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda; Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja; ndetse n’Umushinjacyaha Mukuru, Angelique Habyarimana.

Irahira rya Col Charles Sumanyi ritezweho gukomeza gushimangira imikorere inoze n’iyubahiriza amategeko mu nzego za gisirikare, no kurushaho kubaka inzego z’ubutabera zishingiye ku mucyo, ubunyamwuga n’ubunyangamugayo.