issa
Marocco: Ibihumbi 108 bimaze kwimurwa kubera umyuzure

Marocco: Ibihumbi 108 bimaze kwimurwa kubera umyuzure

Feb 5, 2026 - 07:16
 0

Leta ya Marocco yatangaje ko imaze kwimura abarenga 108,432 mu bikorwa yatangiye byo kwimura abatuye mu bice bishobora kwibasirwa n’imyuzure mu ntara ya Ksar El Kebir.


Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu cya Marocco yabwiye itangazamakuru ko mu bikorwa byo kwimura abantu mu bice bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga imaze kwimura abaturage barenga 108,432, bo mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’icyo gihugu, ndetse ko ibyo bikorwa bigikomeje.

Abaturage bimuwe ni 81,709 bakuwe mu ntara ya Larache, mu mujyi wa Ksar El Kebir, 9,728 bimuwe mu ntara ya Sidi Kacem, 2,853 bimuwe muri Sidi Slimane, ndetse na 14,133 bimuwe mu ntara ya Kenitra.

Imvura yatangiye kugwa muri icyo gihugu kuva mu ntangiriro za Mutarama 2026, ariko iyaguye kuva tariki ya 30 Mutarama yateje imyuzure ikomeye, imigezi iruzura ndetse na damu zitanga umuriro w’amashanyarazi zifashisha amazi zirarengerwa.

Imibare yatangajwe na Leta ya Marocco igaragaza ko imvura yaguye muri icyo gihugu kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka turimo uwa 2026, yiyongereye ku kigero cya 215% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2025, ndetse ikaba iri hejuru ya 54% ugereranyije n’impuzandengo isanzwe y’imyaka yatambutse.

Nubwo nta makuru Leta ya Marocco iratangaza yerekana neza abaguwe muri iyo myuzure, benshi bakomeje kuba mu kaga, ndetse imiryango itandukanye ifasha abari mu biza ku isi ikomeje kohereza ubufasha muri icyo gihugu.

Marocco: Ibihumbi 108 bimaze kwimurwa kubera umyuzure

Feb 5, 2026 - 07:16
Feb 5, 2026 - 13:48
 0
Marocco: Ibihumbi 108 bimaze kwimurwa kubera umyuzure

Leta ya Marocco yatangaje ko imaze kwimura abarenga 108,432 mu bikorwa yatangiye byo kwimura abatuye mu bice bishobora kwibasirwa n’imyuzure mu ntara ya Ksar El Kebir.


Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu cya Marocco yabwiye itangazamakuru ko mu bikorwa byo kwimura abantu mu bice bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga imaze kwimura abaturage barenga 108,432, bo mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’icyo gihugu, ndetse ko ibyo bikorwa bigikomeje.

Abaturage bimuwe ni 81,709 bakuwe mu ntara ya Larache, mu mujyi wa Ksar El Kebir, 9,728 bimuwe mu ntara ya Sidi Kacem, 2,853 bimuwe muri Sidi Slimane, ndetse na 14,133 bimuwe mu ntara ya Kenitra.

Imvura yatangiye kugwa muri icyo gihugu kuva mu ntangiriro za Mutarama 2026, ariko iyaguye kuva tariki ya 30 Mutarama yateje imyuzure ikomeye, imigezi iruzura ndetse na damu zitanga umuriro w’amashanyarazi zifashisha amazi zirarengerwa.

Imibare yatangajwe na Leta ya Marocco igaragaza ko imvura yaguye muri icyo gihugu kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka turimo uwa 2026, yiyongereye ku kigero cya 215% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2025, ndetse ikaba iri hejuru ya 54% ugereranyije n’impuzandengo isanzwe y’imyaka yatambutse.

Nubwo nta makuru Leta ya Marocco iratangaza yerekana neza abaguwe muri iyo myuzure, benshi bakomeje kuba mu kaga, ndetse imiryango itandukanye ifasha abari mu biza ku isi ikomeje kohereza ubufasha muri icyo gihugu.