issa
Sudan: Umuyobozi wa RSF yemeye ko ingabo ze zakoze ‘ibara’ muri El-Fasher

Sudan: Umuyobozi wa RSF yemeye ko ingabo ze zakoze ‘ibara’ muri El-Fasher

Oct 30, 2025 - 11:13
 0

Umukuru w’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) muri Sudan, Jenerali Mohamed Hamdan Dagalo uzwi nka Hemedti, yemeye ko zimwe mu ngabo ze zakoze ihohoterwa rikomeye ubwo zafattaga umujyi wa El-Fasher mu karere ka Darfur.


Hemedti yatangaje ko iperereza rigiye gutangira ku byaha bivugwa ko byakozwe n’abo barwanyi, nyuma y’uko raporo zitandukanye zemeje ko abasivile babarirwa mu bihumbi bishwe mu gihe RSF yafata uwo mujyi ku cyumweru gishize.

Amashusho n’ibimenyetso bitandukanye byagiye hanze bigaragaza ubwo bwicanyi—imwe yafashwe n’abarwanyi ba RSF ubwabo, indi ikozwe n’ibyogajuru byakorewe ubushakashatsi na kaminuza ya Yale muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byemeje ko mu mujyi wa El-Fasher habaye ubwicanyi bukabije ku basivile.

Hemedti yavuze ko yababajwe n’ibyabaye kandi ko yemera ko habaye “ibara” ryakozwe n’ingabo ze, ashimangira ko itsinda rihagarariye iperereza ryamaze kugera muri uwo mujyi kugira ngo rikurikirane ibyaha byose byakozwe.

Ibi bibaye mu gihe Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano gateganya guterana uyu munsi, kiga ku kibazo cya Sudan imaze imyaka itatu mu ntambara y’imbere mu gihugu ihuza ingabo za Leta n’iza RSF.

Ku rundi ruhande, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko ryashenguwe bikomeye n’amakuru avuga ko abarwayi hafi 500 hamwe n’abarwaza babo biciwe mu bitaro rukumbi byari bisigaye bikora muri El-Fasher.

Iri hohoterwa ryongeye gukomeza kugaragaza uburemere bw’intambara yo muri Sudan, aho abaturage bakomeje guhura n’akaga gakomeye mu gihe amahanga akomeje gusaba impande zombi guhagarika imirwano.

Sudan: Umuyobozi wa RSF yemeye ko ingabo ze zakoze ‘ibara’ muri El-Fasher

Oct 30, 2025 - 11:13
 0
Sudan: Umuyobozi wa RSF yemeye ko ingabo ze zakoze ‘ibara’ muri El-Fasher

Umukuru w’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) muri Sudan, Jenerali Mohamed Hamdan Dagalo uzwi nka Hemedti, yemeye ko zimwe mu ngabo ze zakoze ihohoterwa rikomeye ubwo zafattaga umujyi wa El-Fasher mu karere ka Darfur.


Hemedti yatangaje ko iperereza rigiye gutangira ku byaha bivugwa ko byakozwe n’abo barwanyi, nyuma y’uko raporo zitandukanye zemeje ko abasivile babarirwa mu bihumbi bishwe mu gihe RSF yafata uwo mujyi ku cyumweru gishize.

Amashusho n’ibimenyetso bitandukanye byagiye hanze bigaragaza ubwo bwicanyi—imwe yafashwe n’abarwanyi ba RSF ubwabo, indi ikozwe n’ibyogajuru byakorewe ubushakashatsi na kaminuza ya Yale muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byemeje ko mu mujyi wa El-Fasher habaye ubwicanyi bukabije ku basivile.

Hemedti yavuze ko yababajwe n’ibyabaye kandi ko yemera ko habaye “ibara” ryakozwe n’ingabo ze, ashimangira ko itsinda rihagarariye iperereza ryamaze kugera muri uwo mujyi kugira ngo rikurikirane ibyaha byose byakozwe.

Ibi bibaye mu gihe Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano gateganya guterana uyu munsi, kiga ku kibazo cya Sudan imaze imyaka itatu mu ntambara y’imbere mu gihugu ihuza ingabo za Leta n’iza RSF.

Ku rundi ruhande, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko ryashenguwe bikomeye n’amakuru avuga ko abarwayi hafi 500 hamwe n’abarwaza babo biciwe mu bitaro rukumbi byari bisigaye bikora muri El-Fasher.

Iri hohoterwa ryongeye gukomeza kugaragaza uburemere bw’intambara yo muri Sudan, aho abaturage bakomeje guhura n’akaga gakomeye mu gihe amahanga akomeje gusaba impande zombi guhagarika imirwano.