Davis D azataramira muri Mtn Iwacu na Muzika Festival
Ibitaramo bya Mtn Iwacu na na Muzika Festival bizagera mu ntara zose z'u Rwanda. Bizatangira ku 20 Kamena kugeza ku wa 01 Kanama 2026.
Umuhanzi Davis D yatangajwe nk'uzatarama muri MTN Iwacu na Muzika Festival izatangira ku wa 20 Kamena kugeza ku wa 01 Kanama 2026.
Yatangajwe asanze hari; Bushali,Marina,Kenny Sol, na Kevin Kade. Mu bahanzi barindwi bagomba kuzataramira mu turere turindwi (7) hasigaye babiri barimo uzayobora ibyo bitaramo.
Ni umwihariko kuko uyu mwaka bizagera mu ntara zose. Bizatangirira I Huye,Ngoma, Nyagatare, Karongi, Muhanga, Musanze na Rubavu. Davis D ni ubwa mbere azaba ataramiye muri ibi bitaramo bimaze imyaka itandatu biba.
Davis D ni umwe mu bahanzi bakunzwe kubera ibihangano byibanda cyane ku rukundo rw'abahuza ibitsina mu buriri.


Kinyarwanda
English
Swahili









